Afurika: Abagaragaje ibimenyetso bya Mpox muri 2024, 37% nibo bapimwe

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ku Isi (OMS/WHO) rivuga ko ku mugabane wa Afurika hakiri imbogamizi ikomeye mu gupima virusi y'ubushita bw'inkende (Mpox) kuko muri uyu mwaka, mu bagaragaweho ibimenyetso by'iyi virusi hamaze gupimwa gusa 37%.  Mu itangazo OMS yashyize hanze tariki 03 Ukwakira 2024, ryagarukaga ku buryo bushya bwo gupima indwara y’ubushita bw’inkende...

MINISANTE itanze ibisobanuro ku ndwara bivugwa ko iri guhitana abantu mu Rwanda

Hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga hagaragara amakuru avuga ko mu Rwanda hari abantu barikwicwa n'indwara itaramenyekana, by'umwihariko abakora mu nzego z'ubuvuzi. Mu itangaza Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda, MINSANTE, yashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Nzeri 2024, yasobanuye ko mu bitaro bitandukanye byo mu gihugu habonetse abarwayi bacye bagaragaje ibimenyetso by'indwara...

Iminsi 42 nta bwandu bushya: U Rwanda rwatsinze Marburg

Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda (Minisante) yatangaje, kuwa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, ko U Rwanda rwatsinze icyorezo cya Maburg mu buryo budasubirwaho, nyuma yo kumara iminsi 42 yikurikiranya nta bwandu bushya bw'iyi virusi bubonetse mu gihugu. Amabwiriza y'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima ku Isi (OMS) yagenaga ko ku gira ngo u Rwanda rwemeze ko...

Sobanukirwa indwara ya Ectopia cordi

Indwara ya (ectopia cordi) ni indwara idasanzwe ibaho umwana akivuka, aho umutima uba hanze y’igituza (thorax), mugihe uba wakagombye kuba imbere mu gituza nk'uko bisanzwe. Iyi ndwara iterwa n’iki? Iyi ndwara iterwa n’ikibazo kibaho mu gihe umwana akiri urusoro (embryo: ni ukuvuga mumezi atatu yambere yo kwiremarema kwe munda ya nyina) aho igice cy’igituza (sternum) kidafunga...

Rwanda: Abantu batandatu bamaze kwicwa n’icyorezo cya Marburg abandi 20 bararwaye

Minisitiri w'Ubuzima mu Rwanda Dr.Sabin Nsanzima yatangaje ko icyorezo cy'indwara y'umuriro mwinshi, giterwa na Virus ya Marburg kimaze guhitana abantu batandatu mu gihe abandi 20 barwaye iki cyorezo. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga za Minisiteri y'ubuzima, buri mu buryo bw'amashusho, kuri uyu wa Gatandatu tariki 28, Nzeri 2024, Minisitiri Sabin yasobanuye ko umubare munini...

RGB yashyizeho amabwiriza yo gukumira virusi ya Marburg mu nsemgero no mu misigiti

Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere(RGB), rwashyizeho amabwiriza yo gukumira ikwirakwira ya virusi ya Marburg mu nsemgero no mu misigiti. Ni mu itangazo uru rwego rwashyize hanze kuri iki Cyumweru tariki 6 Ukwakira 2024. Muri ayo mabwiriza harimo ko abantu bose binjira mu nsengero no mu misigiti bagomba gupimwa umuriro. Insengero n'imisigiti kandi bigomba gushyiraho uburyo bwo gukaraba intoki hifashishijwe ...

Mu Rwanda abantu basaga 8,000 barwaye igituntu mu mwaka umwe

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) igaragaza ko mu mwaka w’imihigo wa 2023-2024, abantu 8,551 basuzumwe bagasanga barwaye igituntu. Ni imibare RBC yagarutseho kuri uyu wa Mbere, tariki 24 Werurwe, mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurwanya Igituntu. Uyu munsi wizihirijwe mu karere ka Kayonza, Umurenge wa Mukarange, ku nsanganyamatsiko igira iti ‘Dufatanye turandure igituntu’. RBC ivuga...

Rwanda: Amakuru mashya kuri Marburg – Abantu 10 bamaze gupfa abandi 19 barikuvurwa

Imibare mishya ya Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda, yatangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 01 Ukwakira 2024, yagaragaje ko umubare w'abantu bamaze kwicwa n'icyorezo cya Marburg wageze ku 10 mu gihe abandi 19 barikuvurwa. Soma amabwiriza mashya ya Minisiteri y'ubuzima ajyanye no kwirinda icyorezo cya Marburg. Kanda hano

Serivisi nshya, ibiciro by’ubuvuzi byavuguruwe: Impinduka ku bakoresha Mituweli

Minisiteri y'Ubuzima (Minisante) yatangaje ko hari serivisi nshya 14 ziyongereye ku zishingirwa n'ubwisungane mu kwivuza( Mutuweli) ndetse ko ibiciro by'ibikorwa by'ubuvuzi byavuguruwe ku buryo serivisi zimwe zagabanyirijwe ikiguzi izindi kiriyongera. Minisante ivuga ko izi mpinduka zikubiye mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri, yateranye tariki 17 Mutarama 2024. Mu itangazo iyi minisiteri yashyize hanze tariki 18 Mutarama 2024, rigamije...

Rwanda: Amakuru mashya kuri Marburg – Abarwayi batanu bakize, nta wapfuye

Imibare mishya ya Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda, yatangaje mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 03 Ukwakira 2024, yagaragaje ko abantu batanu bakize Marburg ndetse ko nta muntu n'umwe wahitanwe n'iki cyorezo. Mu bapimwe kandi, umuntu umwe ni we basanzemo virusi ya Marburg Ni ubwa mbere kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda, tariki 27 Nzeri...

Weather

- Advertisement -

Must Read