Rwanda: Amakuru mashya kuri Marburg – Abantu 10 bamaze gupfa abandi 19 barikuvurwa
Imibare mishya ya Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda, yatangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 01 Ukwakira 2024, yagaragaje ko umubare w'abantu bamaze kwicwa n'icyorezo cya Marburg wageze ku 10 mu gihe abandi 19 barikuvurwa.
Soma amabwiriza mashya ya Minisiteri y'ubuzima ajyanye no kwirinda icyorezo cya Marburg. Kanda hano
Rwanda: Amakuru mashya kuri Marburg – Abantu 9 bamaze gupfa abandi 18 barikuvurwa
Imibare mishya ya Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda, yatangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024, yagaragaje ko umubare w'abantu bamaze kwicwa n'icyorezo cya Marburg wageze ku 9 mu gihe abandi 18 barikuvurwa.
Soma amabwiriza mashya ya Minisiteri y'ubuzima ajyanye no kwirinda icyorezo cya Marburg. Kanda hano
Rwanda: Amakuru mashya kuri Marburg – Abantu 8 bamaze gupfa abandi 18 barikuvurwa
Imibare mishya ya Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda, yatangaje ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, yagaragaje ko umubare w'abantu bamaze kwicwa n'icyorezo cya Marburg wageze ku 8 mu gihe abandi 18 barikuvurwa.
Soma amabwiriza mashya ya Minisiteri y'ubuzima ajyanye no kwirinda icyorezo cya Marburg. Kanda hano
Gusura abarwayi kwa muganga birahagaritswe mu gihe cy’iminsi 14 mu rwego rwo kwirinda Marburg
Minisiteri y'ubuzima mu Rwanda imaze gutanaza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg harimo no guhagarika ibikorwa byo gusura abarwayi mu mavuriro yose nibura mu gihe cy'iminsi 14.
Ni amabwiriza yasohotse ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 29 Nzeri 2024.
Minisante ivuga ko umurwayi azakomeza kugira umurwaza umwe ushobora gusimburwa.
Muri ayo mabwiriza harimo kandi ko mu...
Akazi kose abantu bajyagamo karakomeza – Minisante ihumurije abaturage ku cyorezo cya Marburg
Minisiteri y'ubuzima, Minisante, yahumurije Abaturarwanda ko badakwiye gukurwa umutima n'icyorezo cya Marburg kuko iki cyorezo kitagiye guhagarika imirimo bakoraga.
Mu kiganiro Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yagiranye n’itangazamakuru, kuri uyu wa 29 Nzeri 2024, cyagarukaga ku ishusho rusange y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda, yahumurije Abaturarwanda ko iki cyorezo kitagiye guhagarika imirimo bakoraga nk'uko...
Rwanda: Abantu batandatu bamaze kwicwa n’icyorezo cya Marburg abandi 20 bararwaye
Minisitiri w'Ubuzima mu Rwanda Dr.Sabin Nsanzima yatangaje ko icyorezo cy'indwara y'umuriro mwinshi, giterwa na Virus ya Marburg kimaze guhitana abantu batandatu mu gihe abandi 20 barwaye iki cyorezo.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga za Minisiteri y'ubuzima, buri mu buryo bw'amashusho, kuri uyu wa Gatandatu tariki 28, Nzeri 2024, Minisitiri Sabin yasobanuye ko umubare munini...
MINISANTE itanze ibisobanuro ku ndwara bivugwa ko iri guhitana abantu mu Rwanda
Hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga hagaragara amakuru avuga ko mu Rwanda hari abantu barikwicwa n'indwara itaramenyekana, by'umwihariko abakora mu nzego z'ubuvuzi.
Mu itangaza Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda, MINSANTE, yashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Nzeri 2024, yasobanuye ko mu bitaro bitandukanye byo mu gihugu habonetse abarwayi bacye bagaragaje ibimenyetso by'indwara...
U Rwanda rwatangiye gukingira indwara y’ubushita bw’inkende
Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda, MINISANTE, yatangaje ko yatangije igikorwa cyo gutanga urukingo rw'indwara y'ubushita bw'inkende (Mpox) ku bantu bafite ibyago byinshi byo kwandura iyi ndwara
Mu butumwa iyi minisiteri yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, kuri uyu wa Kane, tariki 19 Nzeri 2024, yavuze ko ku ikubitiro yahereye ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora kwa muganga,...
Ni ubuntu ! RBC yahamagariye Abaturarwanda kwipimisha indwara ya Hepatite B na C
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyahamagariye Abaturarwanda kwipimisha indwara y’umwijima (Hepatite), iterwa na virusi za B na C kandi ko kuyipimisha no kuyivuza "Ni ubuntu ku Banyarwanda n’impunzi zahungiye mu gihugu cyacu"
Ni mu butumwa bwa video, RBC yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo aho ivuga ko kugeza ubu mu Rwanda "Miliyoni umunani z’Abanyarwanda, bari hejuru...
Mu Rwanda hagaragaye abantu babiri barwaye indwara y’ubushita bw’inkende (Mpox)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) cyemeje ko mu Rwanda hamaze kugaragara abarwayi babiri b'indwara y’ubushita bw’inkende, Monkey Pox (Mpox), ndetse ko bari kwitabwaho n'abaganga.
Aganira n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazama(RBA), Dr. Edisson Rwagasore, Umuyobozi muri RBC, Ushinzwe kurwanya indwara z’ibyorezo yagize ati “Ikigo gishinzwe ubuzima, RBC kimaze gutahura abarwayi babiri twasanzemo indwara y’ubushita bw’inkende, ariyo...
















